Date:

Share:

Ruhango: Perezida Kagame yijeje kwishyura umwenda arimo

Related Articles

Perezida Kagame Paul yijeje abaturage bo mu karere ka Ruhango kubishyura umwenda w’ibyo yabijeje kubagezaho yiyamamaza muri 2017.

Perezida Kagame yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku baturage ibihunbi bari baje kuganira nawe mu rugendo rw’iminsi ine ari gukorera mu nta y’Amajyepfo n’Iburengerazuba.

Abaturage bari benshi baje kwakira Perezida Kagame

Mu bibazo byagaragajwe ko bikibangamiye abaturage harimo amazi adahagije n’imihanda ikenewe gushyirwamo kaburimbo.

Yagize ati “Umwenda wose ntabwo nashoboye kuwishyura ariko turacyakomeza, ibyo ntashoboye kwishyura ku ruhande rwa Guverinoma byavuzwe n’umuyobozi w’aka karere, birimo amazi adahagije kuko 68% ni bike siko bikwiye, ubwo turacyafite umwenda wo kubizamura bikagera kuri 90%.”

Perezida Kagame mu ijambo rye yibukije kandi ko abaturage bafite uruhari mu kurinda ibyagezweho kugira ngo bizamare igihe kirekire.

Urugendo rwa Perezida Kagame rwatangiriye mu Karere ka Ruhango

Biteganyijwe ko Perezida Kagame aza kuganira n’abavuga rikijyana bo muri iyi ntara y’Amajyepfo, ikiganiro kibera mu mujyi wa Huye.

Perezida Kagame agiye gusura Nyiramandwa Rachel

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles