Date:

Share:

Maroc yanditse amateka ihigika Cristiano Ronaldo

Related Articles

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Maroc yanditse  amateka yo kuba ibaye iya mbere ikomoka muri Afurika igeze muri  1/2 cy’igikombe cy’isi.

Ni amateka yanditswe kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Ukuboza 2022 aho Maroc yatsinze ikipe itoroshye ya Portugal ya Cristiano Ronaldo 1-0.

Ni igitego cyagiyemo ku munota wa 42 gitsinzwe na Youssef En-Nesyri wahaye ibyishimo abanyafurika batari bake.

Andi makipe yagerageje kugera kure arimo Cameroon yageze muri 1/4 mu 1990, Sénégal yageze muri 1/4 mu 2002 na Ghana yageze muri 1/4 mu 2010.

Cristiano Ronaldo asezerewe akurikiye ikipe ya Brazil ya Neymar Jr nayo yavuyemo mu buryo bwatunguye benshi.

Ni imikino iri kubera mu gihugu cya Qatar ku mugabane wa Aziya.

Maroc yatsinze Portugal ya Cristiano Ronaldo 1-0
Maroc ibaye ikipe nyafurika yanditse aya mateka
Cristiano kwihangana byamunaniye

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles