Umunyarwanda w’umunyarwenya Kanyabugande Olivier wiyita Nyaxo aravugwaho ko ubu afungiye mu gihugu cy’abaturanyi i Burundi.
Ikicyamakuru The Chronicles cyatangaje ku rubuga rwabo rwa X yahoze ari Twitter ko yatawe muri yombi tariki ya 6 Ukuboza 2023 aho we na bagenzi be bafatiraga amashusho i Burundi.

Amakuru avuga ko abarinzi ba Perezida w’Uburundi babasabye kuva mu nzira mbere y’uko Perezida atambuka maze bakica amatwi.
Si bwo bwa mbere uyu munyarwenya afunzwe kuko mu mwaka ushize nabwo yatawe muri yombi ashinjwa gukubita no gukomeretsa gusa nyuma yaho akaza kurekurwa.
- Advertisement -