Umuhanzikazi Marina arembeye arembeye i Abuja muri Nigeria nyuma y’iminsi mike amaze muri iki gihugu yagezemo avuye muri Ghana mu bikorwa bya muzika.
Marina wari ukigera Abuja muri Nigeria amaze iminsi ibiri mu bitaro aho ari kwivuriza indwara ya ‘Malaria’ nkuko yabitangarije IGIHE.

Yagize ati “Nkigera Abuja nahamaze iminsi ibiri uwa gatatu nisanga banzanye kwa muganga meze nabi, ntabwo nzi uko nahageze kuko nisanze mu bitaro banteye serumu, ubu ndi gufata imiti ndaza kumera neza.”

Marina yari amaze iminsi asohoye indirimbo ye nshya yise ‘Mon bebe’ yanasohoye ari muri Ghana.
- Advertisement -