Date:

Share:

Rusizi ku isonga mu batekamutwe RIB yataye muri yombi

Related Articles

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Nzeri 2024 nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), Polisi y’Igihugu (RNP) hamwe na RURA berekanye agatsiko k’abatekamutwe 45 bayogoje abantu babiba bakoresheje ikoranabuhanga nk’uburyo buri kwaduka muri iyi minsi.

Umuvugizi wa RIB,  Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye abanyamakuru ko nubwo aba batekamutwe bakomoka mu turere dutandukanye turimo Rubavu, Gasabo, Gicumbi, Ruhango, Nyarugenge, Kirehe na Rusizi abenshi muri bo bakomoka i Rusizi.

Yagize ati “Mwabonye ko itsinda rinini ari Rusizi.”

Aba batekamutwe bari hagati y’imyaka 20-35 bafashwe bamaze kwiba miliyoni 426 z’amafaranga y’u Rwanda gusa ni imibare ishingirwaho ku bantu batanze ibirego muri RIB kuva muri Mutarama 2024 kugeza batawe muri yombi.

Dr. Murangira avuga ko abandi benshi bagize ikimwaro cyo kujya gutanga ikirego ahanini “kubera bagize uruhari mu iyibwa ryabo.”

Murangira asaba Abanyarwanda kugira amakenga “igihe hari umuntu uguhamagaye utazi” agira ibyo asaba ko wakora kuri telefone yawe.

Mu yandi mayeri RIB ivuga ko bahamagaraga abantu biyitiriye ababikira b’i Kibeho. Imibare ya RIB igaragaza ko “n’abantu bize bibwe babigizemo uruhari.”

Igihano gito bashobora guhabwa igihe baba bahamwe n’icyaha kingana n’imyaka ibiri naho ikinini kingana n’imyaka 10.

- Advertisement -

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles