Date:

Share:

DRC: Umuhanzi yashyinguwe mu isanduku ikozwe nk’imodoka

Related Articles

Umuhanzi Delcat Idengo – amazina ye nyakuru ni Delphin Katembo – yashyizwe mu isanduku ikoze nk’imodoka, yerekwa abantu ibihumbi muri stade iri mu mujyi wa Beni avukamo mbere yo kujya gushyingurwa.

Delcat Idengo ni umuhanzi utavugwaho rumwe, yamenyekanye kubera indirimbo z’amagambo y’ubuhezanguni mu kunga leta ya Kinshasa, n’indirimbo yasohoye ahamagarira abantu gufata intwaro bakica Abatutsi, yise “Dawa ya Mutusi”.

Yishwe arashwe tariki 13 z’ukwezi gushize kwa Gashyantare i Goma, urupfu rwe rwaravuzwe cyane, leta ya Kinshasa yavuze ko Idengo abaye “incungu (martyr) yacu” ivuga ko yanenganga ibikorwa bibi bya M23.

Uruhande rwa M23 rwavuze ko Idengo yiciwe mu bikorwa by’urubyiruko rwari rugifite intwaro mu mujyi wa Goma uri muri 200km mu majyepfo ya Beni.

Umuhanzi Idengo

BBC ivuga ko mu kumushyingura muri uyu mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu ya Ruguru ugenzurwa n’uruhande rwa leta, abantu bumvikanye bamagana umutwe wa M23 bashinja ko ari wo wishe uyu muhanzi.

Impagarara zabaye muri uwo muhango zahagaritse ibikorwa by’ubucuruzi mu mujyi wa Beni ndetse n’amashuri amwe n’amwe yohereza abana mu rugo mu kwirinda ko hari ikibi kibabaho, nk’uko ibinyamakuru muri DR Congo bibivuga.

Mu bushyamirane bw’abateje akajagari n’abapolisi, Radio Okapi ivuga ko amasasu nyayo ya polisi yafashe abasivile hagapfa umugabo umwe, n’umugore umwe, abandi benshi bakomeretse bakajyanwa ku bitaro bya Beni.

- Advertisement -

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles