Perezida Evariste Ndayishimiye w’Uburundi yatangaje mu kiganiro n’itangazamakuru ko “abatinganyi mu Burundi bari bakwiye kujyanwa kuri sitade bakabatera amabuye”.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2023, abantu 24 barafashwe i Gitega mu murwa mukuru w’Uburundi bazira kwijandika mu bikorwa by’ubutinganyi.
Perezida Ndayishimiye usanzwe yamaganira kure ubutinganyi yongeye kubigarukaho uyu munsi abibajiweho n’abanyamakuru.
Yagize ati “Ngo ibihugu bikomeye birimo birahatira ibihugu bibabaye ko bikurikiza uwo mugambi ko bitawemeye nta mfashanyo bizabona? Barayitwima… Barayitwima.”
Yifashishijwe ibyanditswe muri Bibliya, Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko abatinganyi babonetse batererwa amabuye mu ruhame.
Yagize ati “Iki ntikikiri ikibazo mu Burundi. Njyewe mba nibaza ko bene abo bantu tubabonye mu Burundi bari bakwiye kujyanwa kuri sitade bakabatera amabuye, kandi [ababikora] nta cyaha bo baba bakoze.
“Uburundi kuva bwabaho bwemera Imana imwe rukumbi yaremye ijuru n’isi…ukifata uyu munsi ngo ugomba kuyimanuza ngo wumviye abo shetani yamaze kwigarurira?
BBC ivuga ko mu Burundi uwafatiwe mu butinganyi ashobora guhanishwa igifungo w’imyaka ibiri ndetse agacibwa n’ihazabu.
Mu bihugu hafi 11 ku isi nibyo bishobora gutanga igihano cy’urupfu ku bakoze ibyaha bijyanye n’ubutinganyi.
Muri ibyo bihugu harimo Uganda yamaze gutora itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina.