Umuhanzi Mfitumukiza Jean de la Paix ukomoka i Rubavu uzwi nka Kiza Maloma ahamya ko yarozwe azize ishyari riri mu muziki.
Kiza nubwo avuga ko yarozwe gusa ntabwo avuga abantu bamurozi niba ari abanyamuziki bahuriye mu myidagaduro y’Akarere ka Rubavu.
Tariki ya 13 Gashyantare 2023 nibwo uyu muhanzi yabwiye Kigali Up ko arwaye kandi arembye nyuma yo guhabwa uburozi bw’ubwoko we ubwe yemeza ko ari amoko 14.

Kugeza ubu iyo umubajije icyo akeka yaba yarazize avuga ko ari ishyari riri mu muziki ariko ukumva yifata kugira byinshi ashyira hanze.
Agira ati “Nazize music [umuziki] tu! kuko niyo ikurura amashyari.”
Reba inkuru yabanje
- Advertisement -