Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije (DGPR) akaba n’Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika Dr Frank Habineza yatangaje ko agiye gusaba ko Njyanama y’Akarere ka Ngoma yeguzwa nyuma yo kwica itegeko rigenga kwamamaza.
Ibi Frank yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Nyakanga 2023 mu karere ka Rubavu aho yari yakomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Yagize ati “tugiye gusaba ko inama njyanama yose y’Akarere ka Ngoma ko igomba kuvaho kubera ko bishe itegeko ryashyizweho na komisiyo y’amatora (NEC) ryo kwamamaza imitwe ya politike ibiri mu murenge umwe. Ntabwo byemewe n’amategeko.”
Habineza avuga ko iki kibazo kibaye inshuro ya kabiri aho na none muri 2017 byabaye ndetse bagafungirwa ibikorwa byo kwiyamamaza.
Ku rundi ruhande ashima umutekano uri mu bikorwa byo kwamamaza muri 2024 nuko bari kwakirwa n’inzego z’ibanze.

Ahantu 11 amaze kwiyamamariza akarere kamwe ka Ngoma niko atunga agatoki kuba karakoze ibihabanye n’amabwiriza ya NEC.
