Date:

Share:

BREAKING: Perezida Kagame yahuye na Tshisekedi

Related Articles

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, baganira ku kibazo kiri mu burasirazuba bwa Congo.

Ibi byatangajwe na leta ya Qatar yahuje aba bakuru b’ibihugu byombi i Doha aho umubano  wabyo urimo agatotsi.

Leta ya Qatar ivuga ko Perezida Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wa Qatar ari we wabahuje  “kugira ngo baganire ku kibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC.”

Kagame na Tshisekedi baherukaga guhura imbonankubone kuri iki kibazo muri Nzeri (9) 2022 i New York bahujwe na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2023 Qatar yagerageje guhuza Perezida Tshisekedi na mugenzi we Paul Kagame i Doha ariko ntibyashoboka.

Qatar ivuga ko “Abayobozi bongeye gushimangira ko biyemeje guhagarika imirwano bidatinze kandi bidasubirwaho kandi bemera gukomeza ibiganiro bigamije amahoro arambye.”

Ibi bibaye nyuma yaho umutwe wa M23 wari watangaje ko utitabira ibiganiro byagombaga kuyihuza na Leta ya Congo i Luanda muri Angola kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe 2025 nyuma yaho abayobozi bawo bafatiwe ibihano.

Perezida wa RDC yari yarigeze kwigamba ko ataganira n’u Rwanda ashinja gufasha abarwanyi ba M23 anigamba ko azarasa i Kigali atavuye ku bukata bwa Congo.

Abajenerali 3 b’ u Rwanda bafatiwe ibihano

- Advertisement -

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles