Date:

Share:

Ishimishamubiri kimwe mu bibazo bivugwa muri WASAC

Related Articles

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) twatangaje ko rwafunze uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) Prof. Omar Munyaneza hamwe n’abandi bayobozi babiri bakorera muri iki kigo.

RIB ivuga ko ibyaha irimo kubakurikiranaho birimo ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no gukoresha imari nabi.

Ubutumwa bwayo buri kuri X  buvuga ko “Bakurikiranyweho gukora ibyaha bya ruswa, itonesha, gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.”

Ifatwa ryabo ribaye nyuma y’iminsi ibiri Inteko Ishinga Amategeko isabye ko hakorwa iperereza ku byaha byakoreshejwe mu bigo 10 bya Leta, birimo na WASAC, bivugwa ko yakoresheje miliyari 1.8 mu buryo budafitutse mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023/24, nk’uko ibiro by’ubugenzuzi bukuru bw’imari yabitangaje.

Munyaneza, wahoze ari umudepite wasimbuwe na Asaph Kabaasha nk’umuyobozi mukuru wa WASAC ku ya 16 Nyakanga, yari ku buyobozi bwa WASAC kuva muri Nzeri 2023.

We na bagenzi be ubu bafungiye kuri Sitasiyo za RIB Kimihurura na Kicukiro mu gihe hatuganywa dosiye yabo kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

“RIB irashimira abantu bagize uruhare mu gutuma ibi bikorwa bitahurwa. Irakomeza kandi kuburira abantu kudakoresha umwanya w’akazi mu nyungu zabo bwite kuko bihanwa n’amategeko kandi ko izakomeza kubirwanya kubw’ineza ya rubanda.”

- Advertisement -

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles