Date:

Share:

Lt. Col Willy Ngoma yarashwe

Related Articles

Amakuru agezweho nonaha aremeza ko Lt. Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Ihuriro rya AFC/M23 yarasiwe mu gitero cya ‘drone’ z’ingabo za Congo—FARDC—mu gace ka Rubaya akitaba Imana.

Ni nyuma yaho imirwano ikomeye yongeye kuvugwa muri aka gace kabarizwamo ibirombe by’amabuye y’agaciro, leta ya Kinshasa yamaze kwegurira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA).

Amakuru agera kuri Kigali Up n’andi akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga n’ibitangazamakuru bitandukanye avuga ko Willy Ngoma yarashwe mu masaha y’igicuku ashyira saa cyenda z’ijoro (02:42 a.m) hafi y’ifamu y’uwitwa Gahizi.

Kugeza ubu nta tangazo cyangwa ibisobanuro AFC/M23 iratangaza kuri iyi nkuru ivuga ko umuvugizi wayo mu bya gisirikari yishwe.

Umuvugizi mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, yabyutse yandika kuri X (Twitter) ko  agace ka Rubaya kibasiwe n’ibitero bya drone kimwe n’agace ka Kalehe.

Yahamije ko mu masaha ya saa 2h43 a.m dorone z’ingabo za Congo zarashe zidatoranya i Rubaya mu bice bituwe, zikica abasivile b’inzirakarengane.

- Advertisement -

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles