Perezida Manuel João Conçalves Lourenço wa Angola yaganiriye na bagenzi be Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi wa RDC ku ngingo yo gutanga agahenge.
Amakuru agaragaza ko kuwa Kane tariki ya 1 Kanama 2024 Lourenco yaganiriye kuri telefoni na Perezida Kagame.
Ibiro by’umukuru w’igihugu wa Angola byo byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku ngingo yerekeyeye “guhagarika imirwano hagati y’impande zishyamiranye mu burasirazuba bwa DR Congo” iheruka gufatirwa i Luanda muri Angola, ahaheruka guhurira ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu by’u Rwanda na RDC.
Perezidansi ya Angola ntiyigeze isobanura birambuye ibyo ba Perezida Lourenço na Kagame baganiriyeho kuri iyi ngingo.
Luanda icyakora ivuga ko ejo bundi hashize (ku wa Gatatu) Perezida Lourenço yanahamagaye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa RDC bakaganira kuri iriya ngingo.
Ikinyamakuru Bwiza kivuga ko inama ya Luanda yo ku wa Kabiri w’iki cyumweru yabaye nyuma y’uko hagati ya Gashyantare na Werurwe 2024 Perezida Lourenço yari yakiriye i Luanda ba Perezida Tshisekedi na Kagame mu biganiro byari bigamije gushaka umuti w’ubushyamirane mu burasirazuba bwa RDC buhuje ingabo za Leta hamwe n’inyeshyambaza za M23.
M23 ku wa Kane yatangaje ko itarebwa n’umwanzuro wo guhagarika imirwano uheruka gufatwa kuko inama yawufatiyemo itigeze iyitabira.