Date:

Share:

Imbamutima za Mulindwa ugiye kuyobora Rutsiro

Related Articles

Mulindwa Prosper wagizwe Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wamugiriye icyizere yizeza guha agaciro buri wese.

Ni amagambo yatangaje nyuma yaho itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe risesa Nyanama y’Akarere ka Rutsiro ryemeje ko ari we ugiye kuba ari umuyobozi w’akarere mu gihe cy’agateganyo.

Anyuze kuri Twitter yagize ati “Badahigwa ba @Rutsirodistrict ntewe ishema no gufatanya namwe mu karere keza, gakungahaye kuri byose, abaturage beza, abafatanyabikorwa beza, abakozi beza.
Nshimiye HE @PaulKagame ku cyizere n’inshingano zo kubabera umuyobozi. Uruhare rwa buri wese ruzahabwa agaciro. Turi kumwe!”

Amakuru akomeje gucicikana avuga ko aba bayobozi bo muri Rutsiro bazize ibibazo birimo ibijyanye n’ubucukuzi bw’umucanga.

1 COMMENT

  1. KAZE NEZA MUYOBOZI DUKENEYE UMUYOBOZI UKURA RUSIRO MUBWIGUNGE NAYO IGATERA IMBERE NKUTUNDI TURERE ;

    IBIRO BYAKARERE BYUBATWE MUMANEGEKA
    NTA GALE YO GUTEGERAMO IMODOKA IGIRA
    ISOKO RY’UMUGI RYUBATWE MUBURYO BUCIRIRITSE ABARIKORAMO NTIBABONA IMIKORERE
    HAKEWE UMUHANDA UGAHUZA N’AKARERE KA NGORERO BIKOROSHYA IMIHAHIRANIRE
    HAKENEWE ICYANYA KINGANDA
    UMUHANDA UMUKANDARA WA KABIRI WIHUTISHWE GUKORWA KUGIRANGO BIHE ITERRAMBERE IGICE KEGEREYE AMAZI DOREKO ARIHO UBUKUNGU BW AKARERE BURI
    ISOKO RYA NKORA RIVUGURURWE MUBURYO BUTEYE IMBERE

    HAKENEWE IBITARO BYUNGANIRA IBYA MURUNDA KUGIRANGO ABARWAYI BITABWEHO KUBURYO BUNOZE
    MURAKOZE

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles