Pasiteri Ezra Mpyisi wari umwe mu bazi amateka y’u Rwanda rwo hambere wakunzwe na benshi kubera ibiganiro bye yitabye Imana ku myaka 102.
Mu minsi ishize nibwo amakuru yari yacicikanye ko yitabye Imana, amakuru we ubwe yaje kunyomoza ariko avuga ko yarwaye akaremba.
Kugeza ubu icyamwishe ntikiramenyekana nubwo yari ageze mu zabukuru.
Ni inkuru yababaje abantu batandukanye aho ubutumwa bw’akababaro bukomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga.
Richard Kwizera yagize ati “Pastor Ezra #Mpyisi has passed on at the age of 102. Ruhukira mu mahoro Pastor. Umusaza waranzwe no gukorera Imana ndetse no kuvuga ibintu uko biri adaciye ku ruhande. Umusaza wakundaga gukorana cyane n’Itangazamakuru. Tuzahora Tukwibuka.”
Aragiye ariko kd ntaho agiye #ImfuraCyane,
Igishyitsi cyongewe muri cya Gishyito twota Tugasusuruka ab'i Rwanda
Amateka ye Ntazibagirana mu nzira y'#UbuzimaBushingiyeKuMuco #iRwanda
Icyiza ni uko nyuma y'umuzima Umuzimu akomeza,
Uzahora mu Mitima yacu Mubyeyi kd Nshuti #Mpyisi. pic.twitter.com/mjV7JSfUaA— Muganga RUTANGARWAMABOKO (@RTANGARWMABOKO) January 27, 2024
Imana imwakire mu bayo!