Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Uwera Pacifique Ahmed wari Umuyobozi wa BTN TV yagiye gufungirwa i Mageragere nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha byo gutanga sheki zitazigamiye bisanga ibindi byaha yari yarahamijwe n’urukiko.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasobanuye ko impamvu z’ifungwa rya Uwera, n’uko yari asanzwe yarakatiwe n’inkiko adahari.
Yagize ati “Uwera Pacifique Ahmed aherutse gufatwa tariki ya 1 Werurwe 2024, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiwe zifite agaciro ka 11 974 072 Frw yazitanze mu bihe bitandukanye muri Mata na Kanama 2023. Hanyuma, yari afite ibindi birego mu Rukiko akaba yarakurikiranywe adafunze.U rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwamuhamije icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye rumukatira ibihano bikurikira.
“Tariki ya 10 Ugushyingo 2021, Urukiko rwamuhanishije igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya 11.500.000 Frw, rwamukatiye icyo gihano adahari.Tariki ya 21 Nyakanga 2023, Urukiko rwamuhanishije igifungo na none cy’umwaka umwe n’ihazabu ya 8 556 044 Frw, yahawe iki gihano adafunze. Urubanza rwabaye itegeko kuko rwateweho kashe mpuruza. Ubu agiye kurangiza igihano yahawe.”
Abajijwe impamvu itatrgereje ngo abanza kuburana ku cyatumye afungwa, Mirangira yaguze ati “uru rubanza rwabaye itegeko ni rwo rwashingiweho yoherezwa mu Igororero rya Nyarugenge (Mageragere) kugira ngo arangize igihano yakatiwe n’Urukiko.”
“Ntabwo bikuraho ko ibyo birego bindi bikomeza gukurikiranwa. Igihe nikigera azitaba Urukiko aturutse aho ari kurangiriza igihano cya mbere. Ni ko amategeko ateye kandi biremewe.”