Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yatangiye gutanga urukingo rw’icyorezo cya Mpox cyibasiye cyane akarere k’ibiyaga bigari u Rwanda ruherereyemo.
Ibi byatangajwe na MINISANTE kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 aho iki gikorwa kiri mu rwego rwo gukomeza ingamba zo gukumira no kurwanya icyorezo cya Mpox.

Minisiteri y’Ubuzima yanditse kuri X (Twitter) ko igikorwa cyo gutanga urukingo rwa Mpox cyahereye ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Mpox.

Umuntu wa mbere urwaye ubushita bw’Inkende mu Rwanda yabonetse tariki ya 27 Nyakanga 2024.
- Advertisement -