Umunyepolitike wari ukiri muto akanaba umwe mu nshuti za hafi za Perezida Donald Trump yishwe arasiwe muri kaminuza iri muri leta ya Utah aho yari arimo atanga ikiganiro.
Charlie Kirk wari ufite imyaka 31 azwiho kuba impirimbanyi ikomeye ku mahame ya cyera aho yaraye aguye muri Utah Valley University arimo kubwira abantu bagera ku 3,000.
Umugore we n’umuryango we na bo bari bari aho ariko nta cyo babaye. Nta wundi muntu wakomeretse.
Mu butumwa bw’amashusho, Perezida Donald Trump – biboneka ko arakaye, yavuze ko “yuzuye umubabaro n’umujinya” kubera ubu bwicanyi, kandi ko iki ari “igihe cy’umwijima kuri Amerika”.

Bikimara kuba, abantu babiri bafashwe bakekwaho kurasa Charlie Kirk ariko nyuma y’uko bigaragaye ko nta ruhare babifitemo barekuwe.
Kugeza ubu abategetsi bakeka ko uyu munyepolitike yarashwe n’umurashi wari uri ku gisenge cy’inyubako iri hafi y’aho Kirk yari ari muri iyi kaminuza.
Kirk yahise yihutanwa kwa muganga, nyuma, Perezida Trump ubwe ni we wemeje urupfu rwe hashize amasaha macye. Isasu rimwe gusa yarashwe ryamwahuranyije mu muhogo ni ryo ryamuhitanye.
Abashinzwe umutekano barimo guhiga umuntu warashe, abategetsi bavuga ko ashobora kuba atakiri muri iriya kaminuza.
Kugeza ubu ntiharamenyekana impamvu Kirk yarashwe.
Ubu bwicanyi bwatunguye kandi buvugisha abantu benshi muri Amerika, harimo bamwe mu byamamare nka Arnold Schwarzenegger.

Arnold Schwarzenegger, umukinnyi wa filimi wanabaye guverineri wa leta ya California yanditse ku rubuga X ko “politike yabaye icyorezo muri iki gihugu, kandi cyica”.