Perezida Joe Biden washakaga kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu rwego rwo gusigira inkoni abakiri bato.
Biden uvuga ko ari umwanzuro ukomeye yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga 2024.
Yagize ati “Nta kintu na kimwe cyaza mbere ya demokarasi yacu zaba inyungu z’umuntu ku giti cye. Nafashe umwanzuro wo guha inkoni abakiri bato.”
Kugeza ubu Biden avuga ko ashyigikiye Visi Perezida we Kamala Harris.
Bivugwa ko Biden, umusaza w’imyaka 81 y’amavuko, yivanye mu bahatanira kuyobora iki gihugu cy’igihangage nyuma yaho Ishyaka rye rya ‘Democratic’ rijemo umwiryane agatungwa agatoki ko ashobora gutsindwa.
Hari andi makuru avuga ko Biden yavuzweho umugambi wo gushaka guhitana Donald Trump.
Biden azasoza mande ye tariki ya 20 Mutarama 2025.