Date:

Share:

Kigali: Hazamuwe ibendera ry’abaryamana bahuje igitsina

Related Articles

Mu mujyi wa Kigali kuri za ambasade z’ibihugu bitandukanye bigize umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU)  hazamuwe amabendera menshi ashyigikira umuryango uhuza abarimo abaryamana bahuje ibitsina n’abihinduza ibitsina uzwi nka LGBTIQ+.

Ambasade zazamuye aya mabendera zirimo iy’u Bubiligi, u Bwongereza, Sweden, u Buholandi. Byakozwe kuri uyu wa 17 Gicurasi 2023.

Ambasade ya EU mu Rwanda yasobanuye ko byakozwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya urwango rugirirwa abaryamana bahuje ibitsina (homophobia), urugirirwa abahindura ibitsina (transphobia) n’urugirirwa abaryamana n’abo badahuje ibitsina, bakongera bakaryamana n’aho bahuje ibitsina (biphobia).

Iyi Ambasade isobanura uyu munsi wahawe izina ry’impine rya ’IDAHOBIT’ ari umwanya wo gushyigikira iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, uburinganire no kubaho mu buryo bunyuranye.

Iy’u Buholandi yagize iti “Uyu munsi turizihiza imbaraga zo kugira amahitamo atandukanye. Tushyire ku iherezo ivangura, imvugo y’urwango n’ihohoterwa rikorerwa abantu ba LGBTIQ+ ahantu hose, buri munsi.”

Mu Rwanda nta tegeko rihari rishyigikira mu buryo bwihariye ababarizwa muri LGBTIQ+, ariko nta n’iribakumira. Uburenganzira bwabo burengerwa mu buryo bwa rusange nk’ubw’abandi bose.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles