Date:

Share:

Hamenyekanye impamvu Kazungu yicaga indaya cyane 

Related Articles

Tariki ya 21 Nzeri 2023 nibwo Kazungu Denis ukurikiranyweho kwica abantu akabahamba iwe mu rugo yagejejwe mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Kazungu Denis mu rukiko

Kugeza ubu amakuru avuga ko abantu yishe ari 14 nkuko yabyemereye abagenzacyaha ariko igitangaje mu bakobwa yagiye yica biganjemo abakoraga uburaya.

Kazungu yasabye urukiko ko yaburana nta tangazamakuru rihari ashingiye kukuba “yarakoze ibyaha biremereye” ariko urukiko rurabyanga.

Umwicanyi Kazungu ntabwo yagoye urukiko

Kazungu wavugaga make yabwiye urukiko ko “Ntacyo ndenzaho” ku byaha yasomewe agomba kuryozwa avuga ko ibyaha yakoze atari “ibintu byo gukinisha” kandi ko byose abyemera.

Umwicanyi Kazungu avuga ko abakobwa yishe yabazizaga kuba nawe baramwanduje agakoko gatera SIDA.

Abantu bari benshi baje kumva urubanza rwe

Yemeye gukomeza gufungwa mu gihe iperereza rikomeje gukorwa. Muri make ntabwo Kazungu yagoye urukiko ku munsi wa mbere w’iburana.

Umwanzuro w’urubanza uzasomwa ku itariki 26 Nzeri 2023 saa cyenda.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Popular Articles