Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yarasiwe mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Leta ya Pennsylvania.
Trump yagaragaye yikubita hasi nyuma yo kuraswa ubwo yagezaga ijambo ku bari bamukurikiye, inzego z’umutekano zihita zitabara ariko abantu babiri barimo umugabo wamurashe hamwe n’umuturage usanzwe bahasiga ubuzima abandi barakomereka.

Ibinyamakuru bitandukanye birimo na BBC bivuga ko Trump wagaragaye ava amaraso mu maso hafi n’ugutwi ubu ameze neza ari kwitabwaho n’abaganga.

Trump ahanganye na Joe Biden aho bombi bari guhatanira kongera kuyobora iki gihugu cy’igihangage ku isi.

- Advertisement -