Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umugaba mukuru w’ingabo za Uganda (UPDF) akaba n’umuhungu wa Perezida Kaguta Museveni yamaze gutangaza ko agiye kugaruka mu Rwanda mu gihe cya vuba.
Anyuze kuri X yahoze yitwa Twitter, yavuze ko azasura u Rwanda mu irahira rya Perezida Paul Kagame.
Yagize ati “Nejejwe no kubamenyesha ko vuba aha nzasura mu rugo iwacu, mu Rwanda. Nzitabira umuhango wo kurahiza Afande Kagame. Nta gushidikanya, ibirori bizaba ibya mbere uyu mwaka muri Afurika. Rukundo Egumeho!
Gen Muhoozi yeherukaga mu Rwanda muri 2023. Avugwaho ko ari we wazahuye umubano w’u Rwanda na Uganda wari warajemo agatotsi.
- Advertisement -