Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa mbere tariki ya 20 Mutarama 2025 rwemeje ko rwataye muri yombi abantu 9 barimo ‘Kwizera Emelyne’ wamenyekaniye ku ‘Ishanga’, bazira gusakaza amashusho bakora imibonano mpuzabitsina.
Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko iryo tsinda rigizwe n’abantu 9 barimo abakobwa batandatu n’abahungu batatu bari barihurije mu itsinda ku rubuga rwa WhatsApp ryitwa ‘Rich Gang’, bafashwe ku wa 17 Mutarama 2025.
Amashusho y’abo bakobwa yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu cyumweru gishize, bagaragaye babanza kubyina bikenyeje udutenge tugufi bacugusa amabuno ariko nta kariso irimo.
Aho umwe yumvikanye yibutsa mugenzi we gufata amashusho na we akayafata bikarangira umwe muri bo acugushije amabuno akambara ubusa buri buri.
Andi mashusho yagaragaje umwe muri bo avugwaho kuba yarafashe icupa akaricengeza mu myanya y’ibanga rikamusambanya, ndetse andi yerekana abo bakobwa bakora imibonano mpuzabitsina ubwabo.
Dr Murangira yagaragaje ko mu bafashwe hari abapimwe bagasangwamo ibiyobyabwenge birimo; urumogi ku gipimo kiri hagati ya 55 na 275 mu gihe igipimo gisanzwe ari hagati ya 0-20.
Uko bafashwe bamwe bafungiye kuri Sitasiyo za RIB zirimo iya Kicukiro, Gikondo, Remera, Kacyiru na Kimironko mu gihe dosiye zabo ziri gutunganywa ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Umuntu wese, utangaza, wohereza cyangwa utuma hatangazwa ubutumwa ubwo aribwo bwose bw’urukozasoni akoresheje mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6), ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.0000 FRW).