Goveninoma yu’ Rwanda yemeje amakuru y’urupfu rwa Mukuralinda Alain wari umuvugizi wayo itangazo ko yitabye Imana azize indwara y’umutima.
Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 3 Mata 2025 ariko bikavugwa ko yitabye Imana ku wa Gatatu, bivugwa ko yazize indwara ya Stroke iterwa no guturika kw’imitsi y’ubwonko.
Itangazo rigira riti “Tubabajwe no gutangaza urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Bwana Alain Mukuralinda.”
Mu Ukuboza 2021 nibwo Inama y’Abaminisitiri yemeje Alain Mukuralinda nk’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma.
Mukuralinda yari asanzwe ari n’umuhanzi ndetse agafasha n’abandi. Yakoze imirimo itandukanye muri Leta aho mu 2002 yabaye Umushinjacyaha umwanya yavuyeho mu 2015 ubwo yasezeraga by’igihe kitazwi mu bakozi ba Leta.