Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa DR Congo yageze mu mujyi wa Goma nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23.
Mu ijambo yavuze ku wa Gatanu nijoro, Kabila yatangaje ateganya kujya i Goma “mu minsi iri imbere”, gusa kugeza ubu ntaremeza ubwe ko yahageze.
Lawrence Kanyuka umuvigizi w’umutwe wa AFC/M23 ugenzura umujyi wa Goma yatangaje ku rubuga rwe rwa X ati “Tumwifurije ibihe byiza mu bice byabohowe”.
Col Willy Ngoma umuvugizi wa gisirikare wa M23 na we yemeje iyi nkuru, yita Kabila “umusirikare wa rubanda”.
Mu itangazo, Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yavuze ko yishimiye kugaruka kwa Joseph Kabila mu gihugu cye.
Ati “Yahisemo neza, aho kuguma mu buhungiro”.
Nangaa yongeyeho ko Kabila ahawe ikaze i Goma igice cya DR Congo yise ko kitarimo “ugukurikiranwa kubera politike, gukatirwa urwo gupfa.”